إعدادات العرض
Ese muzi uwashiriwe uwo ari we?
Ese muzi uwashiriwe uwo ari we?
Hadith yaturutse kwa Abu Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: Ese muzi uwashiriwe uwo ari we? Barayisubiza bati: Uwashiriwe muri twe ni udafite amadirihamu cyangwa se ibintu, Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irababwira iti: Uwashiriwe mu bayoboke banjye ni uzaza ku munsi w'imperuka, afite iswalat, igisibo, amaturo, ariko akaza yaratutse uyu, yarasebeje uyu, yarariye umutungo w'uyu, yaramennye amaraso y'uyu, yarakubise n'uriya, maze uyu ahabwe mu byiza bye, n'uriya ahabwe mu byiza bye; ibyiza bye nibishira atararangiza kwishyura ibyo agomba kwishyura, hazafatwa mu bibi byabo babimwikoreze, nibarangiza atabwe mu muriro!"
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Tagalog Türkçe اردو 中文 हिन्दी Tiếng Việt Kurdî Português සිංහල অসমীয়া Kiswahili ગુજરાતી Nederlands پښتو Hausa नेपाली ไทย മലയാളം Кыргызча Română Svenska Српски తెలుగు ქართული Moore Magyar Македонски Čeština ಕನ್ನಡ Українська Azərbaycanالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabajije abasangirangendo bayo iti: Ese mwaba muzi umuntu watindahaye uwo ari we? Barayisubiza bati: Umuntu watindahaye muri twe n'udafite imitungo n'ubundi butunzi kandi yarabyigeze! Nuko irababwira iti: Umuntu watindahaye mu bayoboke banjye ni wa wundi uzaza ku munsi w'imperuka afite ibikorwa byiza, nk'iswala, iswaumu, amaturo, ariko akaza yaratutse kanaka, yarasebeje kanaka, yarariye umutungo wa kanaka akamwambura, yaramennye amaraso ya kanaka ndetse akamuhuguza, yarakubise kanaka akamutesha agaciro, hanyuma abo yahuguje bahabwe mu byiza bye, nibirangira atararangiza kubishyura, bafate mu byaha by'abo yahuguje babyongere ku byo yakoze, hanyuma atabwe mu muriro kuko nta byiza azaba asigaranye.فوائد الحديث
Kwihanangiriza kugwa mu biziririjwe, by'umwihariko ibijyanye n'uburenganzira bw'abantu mu bifatika n'ibidafatika.
Uburenganzira bw'ibiremwa hagati yabo bwubakiye ku makimbirane, n'uburenganzira bwa Allah Umuremyi butarimo ibangikanyamana, bwubakiye ku kubabarira.
Gukoresha inzira y'ibiganiro bitera amatsiko uteze amatwi, bikamukangura akita ku byo abwirwa by'umwihariko mu gihe cyo gutanga uburezi n'inama.
Kugaragaza igisobanuro cy'umuntu watindahaye by'ukuri, ari we wandi abamwishyuza bazegukana ibyiza bye yakoze ku munsi w'imperuka.
Kwihorera bizaba ku munsi w'imperuka, bishobora kuzafata ibikorwa byose byiza, kugeza ubwo nta na kimwe kizasigara.
Uburyo Allah agirira ibiremwa bye, bishinngiye ku butabera n'ukuri.