إعدادات العرض
Shyira ukuboko kwawe aho ufite uburibwe, maze uvuge inshuro eshatu uti: BISMILLAH: Ku izina rya Allah, nurangiza uvuge inshuro zirindwi uti: AUDHU BILLAHI WA QUD'RATIHI MIN SHARI MA ADJIDU WA UHADHIRU: Nikinze kuri Allah no ku bushobozi bwe ngo andinde ububi bw'ububabare mfite ndetse n'ibyo ntinya
Shyira ukuboko kwawe aho ufite uburibwe, maze uvuge inshuro eshatu uti: BISMILLAH: Ku izina rya Allah, nurangiza uvuge inshuro zirindwi uti: AUDHU BILLAHI WA QUD'RATIHI MIN SHARI MA ADJIDU WA UHADHIRU: Nikinze kuri Allah no ku bushobozi bwe ngo andinde ububi bw'ububabare mfite ndetse n'ibyo ntinya
Hadith yaturutse kwa Uthman Ibun Abil Aswi A-Thaqafiy (Imana imwishimire) yavuze ko yatakiye Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) uburibwe yari afite mu mubiri we kuva yaba umuyisilamu, nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iramubwira iti: "Shyira ukuboko kwawe aho ufite uburibwe, maze uvuge inshuro eshatu uti: BISMILLAH: Ku izina rya Allah, nurangiza uvuge inshuro zirindwi uti: AUDHU BILLAHI WA QUD'RATIHI MIN SHARI MA ADJIDU WA UHADHIRU: Nikinze kuri Allah no ku bushobozi bwe ngo andinde ububi bw'ububabare mfite ndetse n'ibyo ntinya."
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Tagalog Türkçe اردو 中文 हिन्दी Tiếng Việt සිංහල Kurdî Português Nederlands অসমীয়া Kiswahili ગુજરાતી پښتو Hausa Română മലയാളം Deutsch नेपाली ქართული Moore Magyar తెలుగు Кыргызча Svenska ಕನ್ನಡ Українська Македонски Oromooالشرح
Uth'man Ibun Abil Aswi (Imana imwishimire) yagize uburibwe bwendaga kumwivugana, nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iza kumusura, imwigisha ubusabe buzatuma Allah amukiza ubwo bubabare, ari byo gushyira ukuboko kwe aho ari kumva uburibwe yarangiza akavuga ati: Ku izina rya Allah inshuro eshatu, hanyuma akavuga inshuro zirindwi ngo: Nikinze kuri Allah no ku bushobozi bwe ngo ankize ububabare mfite ndetse n'ibyo ntinya ko byazambaho, cyangwa se kuba ubu burwayi bwakomeza n'uburibwe bugakwira umubiri wose.فوائد الحديث
Gushishikariza umuntu kwikorera urukingo nkuko byaje muri Hadith.
Gutaka ariko bitarimo kwijujuta no kwinuba, ntabwo bivuguruza igisobanuro cyo kwiringira no kwihangana.
Ubusabe ni kimwe mu gukora impamvu, niyo mpamvu ari ngombwa kwitwararika amagambo abukuyemo, ndetse no kwitwararika inshuro zavuzwe busabwamo.
Ubu busabe bukorwa ku ngingo zose zifite ububabare.
Gushyira ikiganza aho umuntu aribwa igihe ari kwisabira gukira ububabare akoresheje ubu busabe.