إعدادات العرض
Izi swalat ziremerera indyarya, n'iyo muza kumenya ibyiza bizirimo mwari kujya muza kabone n'iyo mwaba mukambakamba
Izi swalat ziremerera indyarya, n'iyo muza kumenya ibyiza bizirimo mwari kujya muza kabone n'iyo mwaba mukambakamba
Hadith yaturutse kwa Ubay Ibun Ka'ab (Imana imwishimire) yaravuze ati: Umunsi umwe Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yadusarishije iswalat ya mu gitondo, maze iravuga iti: Ese kanaka arahari? Barayisubiza bati: Oya, irongera irabaza iti: Ese kanaka arahari? Barayisubiza bati: Oya; maze iravuga iti: " Izi swalat ziremerera indyarya, n'iyo muza kumenya ibyiza bizirimo mwari kujya muza kabone n'iyo mwaba mukambakamba, kandi umurongo w'imbere umeze kimwe nk'uw'abamalayika nabo niwo baba bariho, n'iyo muza kumenya ibyiza byo kuwusaliraho mwari kujya muwutanguranwa. Kandi iswalat umugabo akoranye na mugenzi we iruta iyo yakora ari wenyine, n'iswalat akoranye n'abantu babiri iruta iyo akoze ari kumwe n'umuntu umwe, na buri uko biyongera niko irushaho gukundwa na Allah Nyir'ubutagatifu.
الترجمة
العربية Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Türkçe اردو हिन्दी Tagalog 中文 ئۇيغۇرچە Kurdî Português অসমীয়া Kiswahili ગુજરાતી Tiếng Việt Nederlands සිංහල Hausa پښتو नेपाली മലയാളം Кыргызча Română Svenska తెలుగు ქართული Moore Српски Magyar Македонски Čeština Lietuvių Українська Azərbaycanالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) umunsi umwe yadusalishije iswalat ya mu gitondo, irangije irabaza iti: Ese kanaka ari kumwe natwe? Abasangirangendo barayisubiza bati: Oya. Irongera irabaza iti: Ese kanaka ari kumwe natwe? Iri kubaza undi muntu. Barayisubiza bati: Oya. Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: Mu by'ukuri iswalat ya mu gitondo n'iya nijoro igora indyarya, kubera ko ari ibyo bihe bagiramo ubunebwe, ni nabyo bihe gukorera ijisho biba gacye, kuko mu mwijima nta muntu uba ababona. N'iyo muza kumenya yemwe bemeramana ibihembo by'izi swalat ebyiri iya mu gitondo (Subhi) n'iya nijoro (Al Ishai), kubera ko ibihembo bishingira ku mvune umuntu aba yagize, mwari kujya muza kuzisali kabone n'iyo mwaza mukambakamba. Kandi umurongo w'imbere uba uri bugufi na Imam nk'uko abamalayika baba bari bugufi na Nyagasani wabo, kandi iyo abemeramana bamenya ibyiza byo gusalira ku murongo w'imbere bari kujya basiganwa. Kandi iswalat y'umugabo akoranye na mugenzi we irusha ibihembo iyo yakora ari wenyine, n'iyo akoranye n'abagabo babiri iruta iyo yakora ari kumwe n'umugabo umwe. Kandi iswalat abantu bitabiriye niyo Allah akunda kandi niyo nziza.فوائد الحديث
Biremewe ko Imam yabaza amakuru y'abo ayoboye, ndetse akanabaririza abo atari kubona.
Kwitwararika iswalat yo mu mbaga, by'umwihariko iswalat ya nijoro (Al Ishai) n'iya mu gitondo (Al Fadjri) ni kimwe mu bimenyetso by'ukwemera.
Ubuhambare bw'ibihembo by'izi swalat ebyiri iya nijoro (Al Ishai) n'iya mu gitondo (Al Fajri), kubera ko kuzisalira ni kimwe mu bimenyetso byo kurwanya irari no kwihanganira kubahiriza amategeko, ni nayo mpamvu ibihembo byazo bihambaye.
Iswalat y'imbaga ibarwa uhereye ku bantu babiri kuzamura.
Kugaragaza agaciro ko gusalira ku murongo wa mbere, no gushishikariza kuhihutira,
Kugaragaza agaciro ko kuba abantu bari mu mbaga baba ari benshi, kandi buri uko baba benshi n'ibihembo biba byinshi.
Ibikorwa byiza birarutanwa mu bihembo n'ingororano nkuko amategeko yabirutanishije, no kubera igihe bikorerwamo.