إعدادات العرض
Nta muntu n'umwe muri mwe uretse ko azavugishwa na Allah, nta musemuzi
Nta muntu n'umwe muri mwe uretse ko azavugishwa na Allah, nta musemuzi
Hadith yaturutse kwa Adiyi Ibun Hatim (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Nta muntu n'umwe muri mwe uretse ko azavugishwa na Allah, nta musemuzi uri hagati ye na Nyagasani we; azareba iburyo bwe nta kindi azabona usibye ibikorwa yakoze, azareba ibumoso bwe nta kindi azabona uretse ibyo yakoze, azareba imbere ye nta kindi azabona usibye umuriro uri kuza wototera uburanga bwe; bityo nimutinye umuriro kabone n'iyo icyawubarinda cyaba igikorwa cyiza gito kingana n'igishishwa cy'itende."
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Türkçe اردو 中文 हिन्दी Tagalog Tiếng Việt Kurdî Português සිංහල Русский অসমীয়া Kiswahili ગુજરાતી Nederlands پښتو Hausa नेपाली മലയാളം Кыргызча Română Svenska Shqip Српски తెలుగు ქართული Moore Magyar Македонски Čeština ಕನ್ನಡ Українська Wolofالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko ku munsi w'imperuka buri mwemera azahagarara imbere ya Nyagasani we wenyine, kandi ko Allah azamuvugisha hadacyenewe umuhuza, cyangwa se umusemuzi. Azareba iburyo bwe n'ibumoso bwe kubera ubwoba n'igihunga azaba afite, wenda ashaka inzira yanyuramo ngo arokoke umuriro azaba abona imbere ye. Nareba iburyo bwe nta kindi azabona uretse ibikorwa bye byiza. Nareba ibumoso bwe nta kindi azabona uretse ibikorwa bye bibi yakoze. Nareba imbere ye nta kindi azabona usibye umuriro, kandi nta handi azawuhungira kuko azaba ategereje kunyura kuri Swiratwa. Hanyuma Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha)iravuga iti: Nimukore ibikorwa byabarinda umuriro nko gutanga amaturo, no gukora ibindi bikorwa byiza, kabone n'iyo cyaba gito kingana n'igice cy'itende!فوائد الحديث
Gushishikariza gutanga amaturo, n'iyo byaba bicye, no kurangwa n'imico myiza, n'imikoranire yoroheje n'amagambo yoroheje.
Ku munsi w'imperuka Allah Nyir'ubutagatifu azegera umugaragu we, nta paziya izaba ihari cyangwa se umuhuza, cyangwa se umusemuzi; bityo umwemeramana akwiye kwirinda kunyuranya n'amategeko ya Nyagasani we.
Umuntu akwiye kudatesha agaciro ibyo atangamo amaturo, n'ubwo byaba bito, kuko byamurinda umuriro.