إعدادات العرض
Ururimi rwawe ntiruzatane no gusingiza Allah
Ururimi rwawe ntiruzatane no gusingiza Allah
Hadith yaturutse kwa Abdillah Ibun Bus'ri (Imana imwishimire) yavuze ko umugabo umwe yavuze ati: Yewe Ntumwa y'Imana! Mu by'ukuri amategeko y'ubuyisilamu yatubanye menshi, none mbwira ikintu kimwe nzakomeraho, nuko iramusubiza iti: "Ururimi rwawe ntiruzatane no gusingiza Allah."
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español Français Bahasa Indonesia Русский Tagalog Türkçe اردو 中文 हिन्दी Hausa Kurdî Português සිංහල Nederlands অসমীয়া Tiếng Việt Kiswahili ગુજરાતી پښتو Română മലയാളം नेपाली Deutsch Кыргызча ქართული Moore فارسی Magyar తెలుగు Svenska Македонски ಕನ್ನಡ Українська Oromooالشرح
Umugabo umwe yaregeye Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ayibwira ko ibikorwa byo kwiyegereza Allah byamubanye byinshi agera aho ananirwa kubera intege nke ze, arangije ayisaba ko yamubwira igikorwa cyamworohera ariko kikamuha ibihembo byinshi, kugira ngo agikomereho, Nuko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) imubwira ko akwiye guhoza ku rurimi rwe gusingiza Allah Nyir'ubutagatifu ibihe byose n'ahantu hose; amutagatifuza, amushimira, amwicuzaho anamusaba n'ibindi.فوائد الحديث
Agaciro ko gusingiza Allah Nyir'ubutagatifu.
Mu ngabire za Allah zihambaye ni ukoroshya impamvu zo kugera ku ngororano.
Abagaragu bararutanwa mu byiza.
Guhozaho gusingiza Allah ku rurimi umusingiza, umushimira, umukuza n'ibindi, kandi ukabikora ubikuye ku mutima, bikaza mu mwanya w'ibikorwa byinshi byo kwiyegereza Allah.
Uburyo Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yitaga ku bayibajije, igasubiza buri wese ibimukwiye.
التصنيفات
Agaciro ko gusingiza Allah.