إعدادات العرض
Nta muyisilamu n'umwe utawaza agatunganya isuku ye neza, hanyuma agahaguruka agasali raka ebyiri, azishyizeho umutima we n'uburanga bwe bureba Qiblat, usibye ko ari itegeko kuri we kuzinjira mu ijuru
Nta muyisilamu n'umwe utawaza agatunganya isuku ye neza, hanyuma agahaguruka agasali raka ebyiri, azishyizeho umutima we n'uburanga bwe bureba Qiblat, usibye ko ari itegeko kuri we kuzinjira mu ijuru
Hadith yaturutse kwa Uq'bat Ibun Amir (Imana imwishimire) yaravuze ati: Twajyaga tujya ibihe byo kuragira ingamiya, ubwo ari njye wari utahiwe njyayo nimugoroba, nsanga Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ihagaze iganiriza abantu, nsanga igeze aho ibabwira iti: "Nta muyisilamu n'umwe utawaza agatunganya isuku ye neza, hanyuma agahaguruka agasali raka ebyiri, azishyizeho umutima we n'uburanga bwe bureba Qiblat, usibye ko ari itegeko kuri we kuzinjira mu ijuru." Uqbat yaravuze ati: Nuko ndavuga nti: Mbega ukuntu ari byiza! Numva undi muntu aravuze ati: Ibyabanje nibyo byari byiza kuruta ibi, ndebye mbona ni Umar maze aravuga ati: Mbonye uje nonaha, aranavuga ati: Nta muyisilamu n'umwe utawaza agatunganya isuku ye neza, yarangiza akavuga ati: ASHAHADU AN LA ILAHA ILA LLAH WA ANA MUHAMADAN ABDULLAH WA RASULUHU: Ndahamya ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri uretse Allah, ndanahamya ko Muhamad ari umugaragu wa Allah n'Intumwa ye, usibye ko afungurirwa imiryango umunani y'ijuru, akinjirira mu wo ashatse."
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Tagalog Türkçe اردو 中文 हिन्दी Tiếng Việt Hausa Kurdî Português සිංහල অসমীয়া Kiswahili ગુજરાતી Nederlands پښتو नेपाली മലയാളം Кыргызча Română Svenska తెలుగు ქართული Српски Moore Magyar Македонски Čeština Українськаالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ubwo yari iri kuganiriza abantu, yagaragaje ibintu bibiri by'ingenzi: Icya mbere: Ko umuntu utawaje agatunganya isuku ye neza mu buryo bwuzuye, ndetse na buri rugingo akarukwiza amazi yarangiza akavuga ati: ASHAHADU AN LA ILAHA ILALLAH WA ANA MUHAMADAN ABDULLAH WA RASULUHU: Ndahamya ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by'ukuri uretse Allah, ndanahamya ko Muhamad ari umugaragu wa Allah n'Intumwa ye, usibye ko afungurirwa imiryango umunani y'ijuru akinjirira mu wo ashatse. Icya kabiri: Nuko umuntu utawaje neza mu buryo bwuzuye, hanyuma yarangije agasali raka ebyiri azishyizeho umutima anibombaritse n'uburanga bwe n'ingingo ze zose kubera Allah, biba ari itegeko kuzajya mu ijuru.فوائد الحديث
Ubuhambare bw'ingabire za Allah n'ingororano ze agororera igikorwa cyoroheje.
Itegeko ryo gutawaza neza mu buryo bwuzuye, no gusali rakaa ebyiri nyuma yaho wibombaritse, n'ingororano zihambaye uhabwa.
Gutawaza neza mu buryo bwuzuye, no gusaba ubusabe bwa nyuma ya ho ni imwe mu mpamvu zo kwinjira mu ijuru.
Ni byiza kuvuga ubu busabe no ku muntu wiyuhagiye.
Uburyo abasangirangendo b'Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) bari bashishikajwe no gukora ibyiza nko kwiga ubumenyi no kubukwiza, no gufashanya kuri byo mu mibereho yo mu isi.
Ubusabe bwa nyuma yo gutawaza harimo kweza umutima no kuwusukura ibangikanyamana, nkuko no gutawaza ari ukweza umubiri umwanda.