Nta gushyingiranwa kwakemerwa cyeretse hari uhagarariye umugore (Waly)

Nta gushyingiranwa kwakemerwa cyeretse hari uhagarariye umugore (Waly)

Hadith yaturutse kwa Abi Mussa (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Nta gushyingiranwa kwakemerwa cyeretse hari uhagarariye umugore (Waly)."

[Hadithi y'impamo] [Yakiriwe na Abu Dawud, na Tirmidhi, na Ibun Madjah, ndetse na Ahmad]

الشرح

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko gushyingira umugore bitakemerwa cyeretse hari umuhagararizi we (Waly) muri iryo sezerano."

فوائد الحديث

Umuhagararizi w'umugore ni kimwe mu bisabwa kugira ngo gushyingiranwa kwemerwe, iyo ibayeho nta muhagararizi, cyangwa se umugore akishyingira, ntabwo iryo sezerano riba ryuzuye.

Umuhagararizi w'umugore aba ari umuntu w'igitsinagabo uri bugufi y'umugore, bityo uwakure ntiyamushyingira igihe hari uwa bugufi ye.

Umuhagararizi agomba kuba ageze igihe cy'ubukure cyo kurebwa n'amategeko, ari igitsinagabo, azi kumenya inyungu ziri mu gushyingiranwa, ndetse akaba ahuje idini n'uwo agiye guhagararira muri iryo sezerano, bityo rero utujuje ibi tuvuze uwo ntabwo yemerewe kuba umuhagararizi w'umugore mw'ishyingiranwa.

التصنيفات

Gushyingiranwa.