إعدادات العرض
Umwe muri mwe nahura n'umuvandimwe we ajye amusuhuza, nibatandukanywa n'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye bakongera guhura ajye yongera amusuhuze
Umwe muri mwe nahura n'umuvandimwe we ajye amusuhuza, nibatandukanywa n'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye bakongera guhura ajye yongera amusuhuze
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Umwe muri mwe nahura n'umuvandimwe we ajye amusuhuza, nibatandukanywa n'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye bakongera guhura ajye yongera amusuhuze."
الترجمة
العربية Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Türkçe اردو 中文 हिन्दी Tagalog Hausa Kurdî Kiswahili Português සිංහල Nederlands অসমীয়া Tiếng Việt پښتو ગુજરાતી Română മലയാളം नेपाली Deutsch Кыргызча తెలుగు ქართული Moore Magyar Svenska Македонски ಕನ್ನಡ Українськаالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yashishikarije umuyisilamu kwifuriza umuvandimwe we w'umuyisilamu indamutso y'amahoro buri uko bahuye, n'igihe baba bari mu nzira bagenda, bagatandukanywa n'icyo ari cyo cyose nk'igiti cyangwa se urukuta cyangwa se ibuye rinini, bakongera guhura ajye amusuhuza nanone indamutso y'amahoro ku yindi nshuro.فوائد الحديث
Gushishikariza gusuhuzanya indamutso y'amahoro, no kuyisubiramo mu gihe hari impinduka zibayeho.
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yari ishishikajwe no gukwiza umugeno wo kwifurizanya indamutso y'amahoro no kuyikwiza hose, kubera ko byongera urukundo n'ubumwe hagati y'abayisilamu.
Indamutso y'amahoro ni ukuvuga uti: (A-SALAAM ALAYKUM) cyangwa se (A-SALAAM ALAYKUM WARAHMATULLAH WABARAKATUH), bitari uguhana ibiganza kuko byo bibaho iyo abantu bahuye bwa mbere.
Indamutso y'amahoro ni ubusabe, kandi abayisilamu bacyeneye gusabirana ibyiza, kabone n'iyo babisubiramo kenshi.