إعدادات العرض
Ntabwo ari muri twe wa wundi wikubita ku matama, akiciraho imyambaro, agahamagarira ibya kijiji
Ntabwo ari muri twe wa wundi wikubita ku matama, akiciraho imyambaro, agahamagarira ibya kijiji
Hadith yaturutse kwa Abdullah Ibun Mas'ud (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Ntabwo ari muri twe wa wundi wikubita ku matama, akiciraho imyambaro, agahamagarira ibya kijiji."
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Tagalog Türkçe اردو 中文 हिन्दी ئۇيغۇرچە Hausa Português Kurdî සිංහල Nederlands অসমীয়া Tiếng Việt Kiswahili ગુજરાતી پښتو Română മലയാളം Deutsch नेपाली Кыргызча ქართული Moore Magyar తెలుగు Svenska ಕನ್ನಡ Українська Македонскиالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabujije inihanangiriza bimwe mu bikorwa bya kijiji aho yavuze iti: Ntabwo ari umwe muri twe: Uwa mbere: Uwikubita ku matama, hano amatama yavuzwe ku buryo bw'umwihariko kuko niyo akoreshwa kenshi, naho ubundi gukubita ibindi bice by'uburanga nabyo byinjiramo. Icya kabiri: Guca imyambaro ayitatamura kubera agahinda. Icya gatatu: Guhamagarira ibya kijiji nko kwisabira imivumo no kuboroga n'ibindi.فوائد الحديث
Ibi bihano bivugwa muri Hadith biragaragaza ko ibi bikorwa biri mu byaha bikuru.
Ni itegeko kwihanganira ibigeragezo, ni n'ikizira kutakira igeno rya Allah ry'ibibabaje, ukabigaragaza: Urira uboroga cyangwa umaraho umusatsi cyangwa uca imyambaro n'ibindi.
Ni ikizira kwigana abakora ibikorwa bya kijiji amategeko atigeze atangira uburenganzira.
Nta kibazo kugira agahinda no kurira, kandi ntibikuraho kwihanganira igeno rya Allah, ahubwo ni ikimenyetso cy'impuhwe Allah yashyize mu mitima y'abantu ba bugufi y'uwapfuye n'abakunzi be.
Umuyisilamu agomba kwishimira geno rya Allah, ariko bibaye bimunaniye kuryishimira, kwihangana byo ni itegeko kuri we.
التصنيفات
Ibibazo byerekeranye n'ubujiji.