إعدادات العرض
Yemwe bantu! Mu by'ukuri Allah yabakuriyeho ubwibone bwa kijiji no kwiratana ibisekuru
Yemwe bantu! Mu by'ukuri Allah yabakuriyeho ubwibone bwa kijiji no kwiratana ibisekuru
Hadith yaturutse kwa Ibun Umar (Imana imwishimire we na se) yavuze ko: Ku munsi w'ifatwa ry'umujyi wa Maka, Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yahaye abantu inyigisho iravuga iti: "Yemwe bantu! Mu by'ukuri Allah yabakuriyeho ubwibone bwa kijiji no kwiratana ibisekuru; bityo abantu ni babiri: Uwumvira Allah, umutinya, w'umunyabuntu, n'umuntu w'umwangizi, w'inkozi y'ibibi, usuzuguritse imbere ya Allah. Kandi abantu bose ni bene Adamu, kandi Allah yaremye Adamu mu itaka. Allah aragira ati: {Yemwe bantu! Twabaremye tubakomoye ku mugabo n’umugore, nuko tubagira amahanga n’amoko (atandukanye) kugira ngo mumenyane. Mu by’ukuri ubarusha icyubahiro imbere ya Allah ni ubarusha kugandukira (Allah). Rwose Allah ni Umumenyi uhebuje, Uzi byose}." [Qur'an 49: 13].
الترجمة
العربية English မြန်မာ Svenska Čeština ગુજરાતી አማርኛ Yorùbá Nederlands اردو Bahasa Indonesia ئۇيغۇرچە বাংলা Türkçe සිංහල हिन्दी Tiếng Việt Hausa తెలుగు Kiswahili ไทย پښتو অসমীয়া دری Кыргызча Lietuvių नेपाली മലയാളം Bosanski Italiano ಕನ್ನಡ Kurdî Oromoo Română Shqip Soomaali Српски Українська Wolof Moore Tagalog Malagasy தமிழ் Azərbaycan فارسی ქართული 中文 Magyarالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yahaye abantu inyigisho ku munsi w'ifatwa ry'umujyi wa Makat irababwira iti: Yemwe bantu! Mu by'ukuri Allah yabakuriyeho ubwibone bwa kijiji n'ubwirasi, no kwiratana ibisekuru, kandi ko abantu barimo ingeri ebyiri: Uwumvira Allah, umutinya, ugaragira Allah Nyir'ubutagatifu wenyine, uwo nawe aba ari umuntu wubahitse imbere ya Allah, kabone n'iyo nta butunzi cyangwa se umuryango yaba afite. Cyangwa se umwangizi, w'inkozi y'ibibi, uyu akaba asuzuguritse imbere ya Allah, ndetse nta n'icyo avuze, kabone n'iyo yaba afite ubutunzi cyangwa se icyubahiro cyangwa se ubutware. Kandi ko abantu bose ari bene Adamu, ndetse Allah yaremye Adamu mu gitaka. Bityo ntibikwiye ko umuntu ufite inkomoko mu gitaka ko yakwibona cyangwa se akumva ko ari igitangaza. Ibi bikaba bishimangirwa n'imvugo ya Allah igira ati: {Yemwe bantu! Twabaremye tubakomoye ku mugabo n’umugore, nuko tubagira amahanga n’amoko (atandukanye) kugira ngo mumenyane. Mu by’ukuri ubarusha icyubahiro imbere ya Allah ni ubarusha kugandukira (Allah). Rwose Allah ni Umumenyi uhebuje, Uzi byose}." [Qur'an 49: 13].فوائد الحديث
Kubuza kwiratana isano ry'amasano n'ibyubahiro runaka.