إعدادات العرض
Urwana aharanira ko ijambo rya Allah ari ryo riganza, uwo aba aharanira inzira ya Allah
Urwana aharanira ko ijambo rya Allah ari ryo riganza, uwo aba aharanira inzira ya Allah
Hadith yaturutse kwa Abu Mussa (Imana imwishimire) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabajijwe umugabo urwana kubera ubutwari, cyangwa irondabwoko, cyangwa se akarwana kubera gukorera ijisho; ni uwuhe muri abo uharanira inzira ya Allah? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) irabasubiza iti: "Urwana aharanira ko ijambo rya Allah ari ryo riganza, uwo aba aharanira inzira ya Allah."
الترجمة
العربية বাংলা Bosanski English Español فارسی Bahasa Indonesia Tagalog Türkçe اردو 中文 हिन्दी Français ئۇيغۇرچە Hausa Português Kurdî മലയാളം Kiswahili සිංහල Русский دری Svenska አማርኛ অসমীয়া ไทย Tiếng Việt Кыргызча Yorùbá ગુજરાતી Malagasy नेपाली Oromoo Română Nederlands Soomaali پښتو తెలుగు ಕನ್ನಡ Српски Wolof Moore Lietuvių ქართული Українськаالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabajijwe ku kijyanye n'imigambi y'abarwana mu nzira ya Allah; urwana agamije kugaragaza ko ari intwari cyangwa se icyubahiro cy'ubwoko cyangwa se agamije ko abantu bamubona kamenya agaciro ke, cyangwa se ibindi, ni uwuhe muri abo uharanira inzira ya Allah? Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) isubiza ko umuntu urwana aharanira inzira ya Allah, ari umuntu urwana aharanira ko ijambo rya Allah ari ryo riganza.فوائد الحديث
Ubusanzwe gutungana kw'ibikorwa no kwangirika kwabyo biterwa n'umugambi bikoranywe, no kubikora byeguriwe Allah.
Iyo urwana afite umugambo mwiza wo kugira ngo ijambo rya Allah riganze, akaba yagira undi mugambi wemewe nko gufata iminyago, ntacyo bitwara umugambi we.
Kurwanya abanzi ngo badahungabanya ibihugu, ndetse n'ibyo Allah yaziririje, nabyo ni bimwe mu guhagaranira inzira ya Allah.
Agaciro k'abaharanira inzira ya Allah kavugwa aha ni umwihariko kuri wa wundi urwana aharanira ko ijambo rya Allah ari ryo riganza.