Ntimukabangame cyangwa ngo mubangamire abandi

Ntimukabangame cyangwa ngo mubangamire abandi

Hadith yaturutse kwa Abu Said Sa'ad Ibun Malik Ibun Sinani Al Khud'riy (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze Iti: "Ntimukabangame cyangwa ngo mubangamire abandi."

[Hadithi nziza] [رواه ابن ماجه والدارقطني وغيرهما مسندًا]

الشرح

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko ari itegeko gukumira icyabangamira abandi uko cyaba kimeze kose, n'uko cyaba kigaragara kose ku muntu ku giti cye no ku bandi; niyo mpamvu nta n'umwe wemerewe kwigirira nabi cyangwa se ngo abikorere abandi. Nta n'ubwo kandi byemewe ko yakitura ikibi yakorewe, kubera ko ikibi ntigikurwaho n'ikibi cyeretse igihe cyo kwihorera (nko kwica uwishe) nabwo hatabayemo kurengera.

فوائد الحديث

Kubuza kwihorera birenze ibyo wakorewe.

Allah ntiyategetse abagaragu be ibibagiraho ingaruka mbi.

Iyi Hadith ni ishingiro mu kuziririza kubangamirana, mu mvugo cyangwa se mu bikorwa cyangwa se kureka.

Mu mategeko y'idini avuga ko: Ikibangamye gikurwaho", kubera ko amategeko atemera kubangama, ndetse ntanemere kubangamirana.