إعدادات العرض
Ku munsi w'imperuka nta kintu kizaremereza umunzani w'ibikorwa by'umwemeramana nko kugira imico myiza, kandi Allah yanga umuntu urangwa n'imico mibi n'amagambo mabi
Ku munsi w'imperuka nta kintu kizaremereza umunzani w'ibikorwa by'umwemeramana nko kugira imico myiza, kandi Allah yanga umuntu urangwa n'imico mibi n'amagambo mabi
Hadith yaturutse kwa Abi Dar'da-i (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavuze iti: "Ku munsi w'imperuka nta kintu kizaremereza umunzani w'ibikorwa by'umwemeramana nko kugira imico myiza, kandi Allah yanga umuntu urangwa n'imico mibi n'amagambo mabi."
[Hadithi y'impamo] [Yakiriwe na Abu Dawud na Tirmidhiy]
الترجمة
العربية Bosanski English Español فارسی Français Bahasa Indonesia Русский Türkçe اردو 中文 हिन्दी Hausa Kurdî Português සිංහල Svenska ગુજરાતી አማርኛ Yorùbá ئۇيغۇرچە Tiếng Việt Kiswahili پښتو অসমীয়া دری Кыргызча or Malagasy नेपाली Čeština Oromoo Română Nederlands Soomaali తెలుగు മലയാളം ไทย Српски ಕನ್ನಡ Lietuvių Wolof Українська ქართული Moore Magyar Shqip Македонскиالشرح
Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko ikintu kizaremereza iminzani y'ibikorwa by'umwemeramana ku munsi w'imperuka, mu bikorwa cyangwa se imvugo ari ukurangwa n'imico myiza, urangwa n'uburanga bucyeye, no kwirinda kubangamira abandi ndetse no gukora ibikorwa byiza. Ikindi kandi nuko Allah yanga ibikorwa n'imvugo bibi, ndetse n'amagambo mabi umuntu ashobora kuvuga n'ururimi rwe.فوائد الحديث
Agaciro n'ibyiza byo kurangwa n'imico myiza; kuko ituma urangwa nayo akundwa na Allah, ndetse n'abagaragu ba Allah bakamukunda, kandi ni cyo gikorwa kizaremera ku munzani ku munsi w'imperuka.