إعدادات العرض
Amategeko agenga imyifatire n'ikinyabupfura.
Amategeko agenga imyifatire n'ikinyabupfura.
1- Ese mbabwire ibyaha bikuru kuruta ibindi
2- Umuntu nakunda mugenzi we ajye abimubwira ko amukunda
3- Mwirinde ibyaha birindwi birimbura
4- Allah agirire impuhwe umuntu woroha igihe agurisha, woroha igihe agura, woroha igihe yishyuza
6- Mu by'ukuri Allah yategetse kugirira neza buri kintu
7- Ntukarakare!
9- Uzimwa koroha azaba yimwe ibyiza
10- Mujye mwirinda gucyeka; kubera ko gucyeka ari ikinyoma kiruta ibindi
11- Ntuzagire igikorwa cyiza usuzugura kabone n'iyo cyaba ari uguhura n'umuvandimwe wawe umumwenyuriye
13- Uzarangira undi icyiza, azabona ibihembo nk'iby'uwagikoze
14- Umuntu ubunza amagambo ntazinjira ijuru
15- “Uzaba yemera Imana n’umunsi w’imperuka, ajye avuga amagambo meza cyangwa yicecekere
16- Utagiriye impuhwe abantu, Allah Nyir'ubutagatifu nawe ntazazimugirira
17- Mu by'ukuri umuntu Allah yanga kuruta abandi ni umunyamwaga w'umunyempaka nyinshi
19- Kurangwa n'isoni ni kimwe mu bigize ukwemera
20- Uzarinda icyubahiro cy'umuvandimwe we, Allah nawe azarinda umuriro uburanga bwe ku munsi w'imperuka
23- Igihe cyose habayeho koroha mu kintu bikigira cyiza, kandi n'igihe nta koroha kubayemo bikigira kibi
25- Umwiza muri mwe ni ubarusha imico myiza
26- Mu by'ukuri Allah arindiriza umunyamahugu, kugeza ubwo amuguye gitumo ntabe yamucika
27- Mujye mworoshya ibintu, ntimukabikomeze, mutange inkuru nziza ntimutange izitera kwiheba
29- Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yabujije kogosha igisage
30- Igihe kimwe twari hamwe na Umar, maze aravuga ati: "Twabujijwe kwigora!
32- Umwe muri mwe ntaraba umwemera kugeza ubwo azifuriza mugenzi we ibyo nawe yiyifuriza
35- Umugabo ntakarebe ubwambure bwa mugenzi we, n'umugore ntakarebe ubwambure bwa mugenzi we
37- Umuntu uzambeshyera ku bwende, aziteganyirize icyicaro cye mu muriro